Mars landing! Urugendo rwo kujya ku mubumbe utukura wa Mars!

 

Byarangiye nyuma y’igihe kirekire, ubushakashatsi bukorwa kugirango barebe niba ku mubumbe wa mars ubuzima bushoboka,  bateye indi ntambye nziza yo kugeza icyogajuru kuri uwo mubumbe. Mu masaha make ashize nibwo inkuru yacicikanye ko intego yagezweho.

Byari ibyishimo byinshi mu cyumba cyuzuye abahanga, abatekinisiye mu ngero zitandukanye kubyerekeranye n’ikirere(space).

Umushinga bise NASA’s insight,iki cyogajuru cyageze kuri Mars kuri uyu wa mbere taliki 26/11/2018 nyuma ya sasita. Iki cyogajuru kikigerayo cyohereje ifoto yacyo ya mbere iturutse kuri uyu mubumbe bita utukura(red planet) yerekana ko urugendo rwabaye amahire.

Iki cyogajuru bise Insight kiraza kumara andi masaha ari imbere bahanagura ibikoresho byo kwifashisha mu mafoto, ibyo nibimara gutungana ba Engineers bizabatwara andi mezi agera kuri atatu bajyanayo ibikoresho byo kwifashisha mu bushakashatsi kugirango batangire gukusanya amakuru akenewe.

Reka turebe muri make uko uru rugendo rwari ruteye!

Ikigambiriwe (Mission)

NASA irashaka kureba neza ubutaka bwo kuri Mars no gukusanya amakuru yahoo bakaba bizeye kuzabona ikibazo bahora bibaza ngo “ese kuri Mars ubuzima burashoboka?”

Intera n’ikiguzi bitwaye

Muri rusange iki cyogajuru Insight cyatangiye kugenda ku italiki 5 Gicurasi uyu mwaka gihagurukira a Vandenberg Air Force Base muri leta ya California kigenda  miliyoni 301 za miles bibatwara miliyoni 850 z’amadolari.

 

Ibitabo 7 byagufasha kurema no kugira umutungo

Ubushakashatsi bwerekanye ko abantu 88% bakize bafata nibura buri munsi iminota 30 basoma. Niba bibakundira  nawe byakora.

Nkuko muri bubibone urutonde rugizwe n’ibitabo 7 byanditswe n’abantu twavuga b’imitungo cyangwa se imari uhereye kera ukagera kubiri gusohoka muri iki gihe. Ntucikwe rero no kumva no gusesengura ibyo aba bahanga bavuga.

  1. Think and grow rich” cya Napoleon Hill

Umunyamakuru Napoleon yakoze ubushakashatsi kubantu barenga 500 bubatse imari ntakindi bahereyeho, harimo Henry Ford, Andrew Carnegie,Charles M.Schwab… iki gitabo nubwo ari icya kera cyagufasha kumva neza ko kuba umukire bishingiye cyane ku mitekerereze kurenza ibindi byose umuntu yibwira. Muri make avuga ku mafaranga, ubukire cyangwa imari, nyuma akaza gusobanura inzitizi ziterwa n’imyitwarire ituma abantu baguma aho bari byaba bibi bagasubira inyuma aho kugirango bakomeze bubake ubukire ,agasoza yigisha uko watangira gutekereza kunzira yakugeza kucyo wifuza.

  1. Business Adventure” cyanditswe na John Brooks

Abantu bakize bizera ko gutangira ubucuruzi ari inzira yihuse yo kubona amafaranga. Iki gitabo kandi cyasomwe  na Bill Gates na Warren Buffet kizakwigisha uko babikora.  Brooks yanditse inyandiko ndende zibanda kukibazo akakijya imuzi akerekana ingingo nyazo zatumye ibintu bigenda neza kuri bo.

3. “The Little book of common sense investing” cya John C. Bogle

Imwe mu nzira nziza iboneye yo kubaka ubukire ni ugushora Imari. Nibura iyo bikozwe neza. Bogle uyobora ikigo cya Vanguard Group agaragaza uburyo byoroshye bwuko washora imari.

  1. Tools of Titans” cyanditswe na Tim Ferriss

Ese bisaba  iki kugirango ube umuherwe?iki gitabo cy’uyu mugabo cyaraguzwe cyane asesengura ibyo ibyamamare mukwiruka,abayobora ibigo bikomeye n’abandi ibyo bakora buri munsi. Ferriss yarakomeje ajya kubaza abandi barenze kuri rubanda bagera kuri  200 asanga  ko abagize aho bagera, bahuje ibintu bigera kuri 3 bibasubizamo imbaraga: kwanga gutsindwa, gukunda gutsinda, guhera kubusa. Yongeraho ko abantu yabonye bageze ku bukire bari bafite ikibazo kihariye bashakaga gukemura.

  1. The richest Man in Babylon” cyanditswe na George S.Clason

Imyaka ya kera itari mike Clason yashyize hanze ibanga ryo kuba umukire mu myaka y’ 1926. Avuga ko iryo banga atari iry’umuntu umwe gusa. Icyo bisaba kuba umukire ni ugucakira no kwitondera imwe mu mitekerereze nko kwihemba mbere ya byose no kubaho mubyo ufite akaba abisobanurira mu migani.

  1. Rich dad poor dad” cya Robert Kiyosaki

Kiyosaki asenya imvugo yari yaramamaye ivuga ko ukeneye gukorera mafaranga menshi kugirango ube umuherwe. Yifashisha inkuru y’aba se babiri, uwe nyirizina na se w’inshuti ye, agaragaza uko wakira kandi uhembwa umushahara muto. Ikindi kandi ahinyuza imyemerere iri mubantu batari bake ivuga ko inzi ari umutungo winjiza, yerekana ikinyuranyo kiri uko abantu bakize n’abari hagati mu bukire bahitamo guhembwa. Yibanda kandi cyane mu gutanga itandukaniro cyane ku mitungo yinjiza amafaranga n’imitungo umuntu aba afite ariko umusaba gushora amafaranga.

  1. the Automatic Millionaire” cya David Bach

Umunyemari akaba n’umujyanama kubyerekeranye n’umutungo David Bach yerekana imyimvire itari myiza abantu bagira.  Dore uko yanditse muri iki gitabo “ ntukeneye kugira igenamigambi, singombwa kuba ukorera menshi kugirango ugire ubukire.

Uko wakwikura mu mwenda(ideni)

Ideni cyangwa umwenda

Ideni cyangwa umwenda rishobora kuba ikintu kidahinduka ukumva uzakomeza kubana nacyo, nikoko abanyarwanda bo barabisiga bakuvuga ngo nta mugabo udafata ideni! Ariko iyo turebye uko uwo mwenda uboha umuntu warifashe ndibwira ko ntawabyishimira! Uretse no kuba ideni cyangwa umwenda ubwawo wakubuza kwisanzura mubuzima , ideni riguheza inyuma haba mu mutwe ndashaka kuvuga mu bitekerezo rigatera kugira umunaniro  no kumva hari ibyo uzinutswe, kurara udasinziriye yewe ryaba rito cyangwa rinini ideni ni ideni.

Uburyo rero bwiza bwo gukira izo ngaruka tuvuze haruguru ni ukwishyura! baravuga ngo kurya ni ukwishyura!! Mu byukuri ntabwo ari igikorwa cyoroshye nk’uko tubyumva. Impamvu nyamukuru abantu bisanga muri uru ruziga biterwa nicyo nakwita inzitane kubyerekeye umutungo cyangwa amafaranga muri make rero nibyo twita kubura amafaranga cyangwa cash nk’uko bimenyerewe ubu.

Uko kubura amafaranga kuza ryari?

iyo uhuye n’ikibazo cy’ako kanya kigusaba kugira icyo ugikoraho, igihe umuntu yabuze akazi, igihe ushaka kugira igikorwa ukora runaka ugasanga akenewe ntayo ufite n’ibindi.  Uko biri kose guhita ubona ubona ubwishyu wenda wongeyeho n’inyungu runaka ntabwo byorohera buri wese.

Dore ingingo cyangwa icyo wakora kugirango wishyure umwenda w’abandi

  1. Irinde gukoresha uburyo butari bwiza bwo kubona amafaranga                             Mu buryo bumenyerewe cyane harimo gufata inguzanyo yihuse kubo bishokera, ariko nubwo hari icyo icyemuye wibuke ko iyi nguzanyo akenshi iba igeretseho inyungu ihanitse mu buryo bumwe cyangwa ubundi.Iyo ubaze neza usanga aho gukuraho ideni ahubwo uryongereye. Bitekerezeho!

2. Shaka umujyanama mubyerekeranye n’imitungo (amafaranga)

Nubwo bitaramenyerwa nibura umuntu cyangwa umuryango wakabaye wifitiye umuntu wabyigiye ubagira inama. Icyo gihe umubwira ukuri kose uko byifashe akagufasha kukwereka ibyo wakwigomwa cyangwa wagabanya ariko ukishyura bitagize ikindi bihungabanya. Bumwe mubyo yakubwira n’ugukora igenamigambi (budget).

3. Shaka ubundi buryo bushoboka wabonamo amafaranga(cash)

Mu ndimi z’ahandi babyita extra money bivuze ngo ni amafaranga arenze kuyo wari wabariye ufite mu kwezi avuye mu nzira udasanzwe ubonamo cash. Urugero ushobora kuba ufite ubumenyi runaka, ubwo bumenyi wabubyaza umusaruro wibwicarana,haguruka, shaka, shakisha, reba uko wabubonamo amafaranga.

4.  Reba mubyo ufite niba hari icyo wagurisha kugirango wishyure

Birashoboka ko umwenda waba ari munini, ariko ukwiye gutera intambwe ukishyura, ntabwo byoroshye ariko ningombwa bikore! Birumvikana uko bimera kurekura ikintu waguze ugikunze warangiza ukagisubiza kw’isoka birababaza ariko ni ngombwa ngo “ubohoke”

5.  Tangira guha umurongo umutungo wawe, kora gahunda ihamye

Kora igenamigambi ryimbitse, bijye ibwina , reba ibisoka buri munsi, buri cyumweru, buri kwezi, kora imbonerahamwe y’ibyinjira n’ibisohoka. ibi bizaguha ishusho nyayo yaho wagabanya ukaba wabika amafaranga runaka yagufasha kongera ayo wishyuraga. Byaragaragaye ko gutegura mbere uko wakwivana mumwenda ari inzira yo kuwusezera burundu!!! Wibuke ko gukora gahunda si uguha umurongo umutungo wawe gusa ahubwo nino guha icyerekezo kiza ubuzima bwawe!

Nyuma ushobora kwibwira uti se njye ko ntawe mfitiye ideni ibi ntibindeba! Oya burya niba nta deni ufite ariko ukeneye amafaranga nakwibutsako burya umuntu ufite umwenda w’abandi akagira ingamba zo kuryikiza aruta wawundi wicaye ntacyo akora!! Wikwicara kora!

Murakoze cyane.

Bitcoin

Bitcoin ? ifaranga rivugishije benshi , rifite rifite abarizi bake , yewe n’abadashaka kuryumva batari bake! Muri iki gihe ubukire bw’abantu buri mu bintu bitandukanye; imitungo itimukanwa aha twavuaga amazu, ibibanza. Imitungo yimikanywa: Imodoka cyangwa ibindi bikoresho byifashishwa mu gihe runaka ariko hari n’abahisemo umutungo wabo kwugira muburyo bw’ikoranabuhanga.

Tubahaye ikaze! Uyu munsi turaganira kuri bitcoin ariko muratwihanganira mu Kinyarwanda ntabwo ryari ryabonerwa ubusobanuro, gusa uraza kugira igitekerezo kuri ryo mubyo tugiye kuganira uyu munsi.

Bitcoin ifasha kwishyura cyangwa se ikoreshwa ry’amafaranga hagati y’abantu hatabayeho kunyura ku kigo cyangwa se kubuyobozi runaka nka banki cyangwa se ubundi buryo bwo kwishyura. Byahimbwe kandi bukoreshwa n’ikorabnabuhanga. Ntabwo bufatika nkama dollars, ama euro yewe cyangwa nk’amafaranga dukoresha inaha iwacu. Bukorwa na mudasobwa(computers) kw’isi hose hifashishijwe software “uburyo runaka bwifashishwa mugukora ikintu”

Ni nde waremye iri faranga bita bitcoin?

Ni umuntu udafite izina ufite ubuhanga mu gukora software wiyita Satoshi Nakamoto niwe wazanye ubu buryo muri 2008, nk’uburyo bwo guhanahana amafaranga bitagengwa nikigo runaka , bigakorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga byuje umutekano kandi budahinduka. Kugeza uyu munsi nta muntu uzi Satoshi Nakamoto uwo ari we.

Ese ubu buryo bwaba butaniyehe n’ubwa kera?

Twabonye ko bukoreshwa  hifashishijwe ikoranabuhanga mu kwishyura ibintu ariko iyo ugura n’ugurisha babyumvikanyeho, ubwo biba bibaye nk’uko wakoresha dollars, amafaranga(francs) yen n’andi nayo ashobora gukoreshwa mw’ikoranabuhanga.

Ariko dore aho bitandukaniye

  1. Ntibikenera ikigo runaka kibigenga ahubwo bikorwa n’abakorera bushake bazi ibijyanye na kode(coders).
  2. Ingano yayo irazwi
  3. Kuba nta nyirayo igira
  4. Kuba ridahinduka
  5. Kuba rigabanyika( rigira ibinyabihumbi munsi ya zero= 0,00000001)

Gukira

Mu mibereho yacu isanzwe, twibaza ibibazo bitandukanye. Ibyo bibazo ni byiza kubyibaza kuko nibyo bituma dushaka n’ibisubizo byabyo. Kuva umuntu yabaho ntatana no gutekereza aribyo bituma ahorana uruhererekane rw’ibibazo muri we. Ibi bifite ishingiro kuko umuntu nicyo kiremwa gifite ubwenge kuruta ibindi bibaho.

Mubintu bituma atekereza cyane harimo gushaka kumenya inkomoko ye, kumenya no gusobanukirwa ibimukikije ndetse ikibazo gikomeye agishakira igisubizo nukumenya nyuma ,imibereho ye nyuma y’ubuzima abayeho umunsi wa none. Ariko reka turebere hamwe ibibazo bijyanye n’ibimukikije.

Iyo umuntu arebye iruhande rwe abona inzego zigiye zitandukanye bitewe nuko abantu babayeho mubuzima bwa buri munsi tukaba turi byifashishe muri iyi nyandiko yacu abakire n’abakene ariko tudashaka kugaragaza itandukaniro ahubwo kugirango tubone neza igingo yacu y’umunsi yo gusobanukira bijyanye n’ikibazo umuntu yibaza ngo gukira n’iki?

Muri rusange iyo bigeze mu gusobanura magambo buri wese abivuga bitewe nuko abyumva ariko ntibibuza abntu kugira ibyo bumvikanaho ko ari byo by’ingenzi. reo iyo bavuze gukira mu kinyarwanda wumva mu buryo bukurikira:

  1. Gukira (ubuzima): kuko hari ukuntu umuntu wari atameze neza muri we bitewe n’impamvu nyinshi zitandukanye, icyo gihe iyo ibyo bivuyeho akamera neza tuvuga ko yakize.
  2. Gukira (imibereho): mu bijyanye n’ibifatika aribyo bituma abantu bisanga mu byiciro bitandukanye by’imibereho iyo udafite iby’ibanze umuntu aba ari umukene, yaba afite ibirenze kuby’ibanze benshi bavuga ko yakize.

Nyuma y’ubu busobanuro bya kabiri bujyanye n’imibereho ari nabwo twari twatangiranye biragaragara ko umuntu ukize ari wawundi mubifatika afite ibyo arusha bandi batari bake. Mu nyandiko itaha tuzarebera hamwe umuntu akira ryari? ntumuzacikwe.

Mbifurije kugira ibirenze iby’ibanze.